Sunday, January 28, 2018

IGITABO CY'UMUGENZI

IGICE CYA 5. BWENGEBWISI

IBYO bikiri aho, Mukristo yagendaga wenyine, yitegura umugabo uje guhura nawe, bahurira mu mayirabiri. Uwo bahuye uwo yitwaga BWENGEBWISI; yari atuye mu mudugudu witwa BWENGEBWAKAMERE, umudugudu ukomeye cyane, uhereranye n'uwo Mukristo yavuyemo. Uwo mugabo abonye Mukristo akeka uwo ari we: kuko ibyo kuva mu mudugudu kwe witwa Rimbukiro byari byaramamaye cyane, si mu mudugudu wabo gusa, ariko n'ahandi. Nuko BWENGEBWISI amukekeshwa no kubona agenda aremerewe no kumva asuhuza umutima, aniha. Nicyo cyatumye abanza kumubaza ati: "Wa mugabo we urajya he, uremerewe utyo?"
Mukristo aramusubiza ati: "Ndaremerewe koko, nta wundusha umubabaro! Kandi umbajije uti "urajya he?" Ndajya kuri ririya rembo nerekeye kuko ari ho nabwiwe yuko ari ho bazambwiririza ibinkuzaho uyu mutwaro uremereye.
Bwengebwisi aramubaza ati: "Mbese ufite umugore n'abana?"
Mukristo aramusubiza ati: "Ndabafite ariko sinkibasha kubishimira nka mbere, kuko nanijwe no kuremererwa n'uyu mutwaro. Ngira ngo meze nk'utabafite (1 Abakorinto 7:29)".
Bwengebwisi aramubaza ati: "Nakugira inama wanyumvira?"
Mukristo ati: "Yaba nziza, nakumvira; kuko nshaka cyane kugirwa inama nziza.
Bwengebwisi ati: "Inama yanjye ni iyi: tebuka cyane wururutse umutwaro wawe, kuko ari ntabwo uzashyitsa umutima mu nda, utaragenza utyo. Kandi utaragenza utyo, ntiwabasha kwishimira imigisha Imana yaguhaye.
Mukristo ati: "Icyo nicyo nshaka, gukurwaho uyu mutwaro uremereye; ariko ubwanjye simbasha kuwururutsa mu mugongo. Nicyo gitumye njya iyo ngiyo, kugira ngo nywukurweho, nk'uko nkubwiye.
Bwengebwisi ati: "Ni nde wakubwiye ko ari yo nzira ukwiriye kunyuramo, kugira ngo ukurweho umutwaro wawe?"
Mukristo ati: "Ni umugabo nibwiye ko ari umunyacyubahiro ukomeye cyane: ndamwibutse, yitwa Mubwirizabutumwa.
Bwengebwisi ati: "Inama yakugiriye ni mbi. Mu isi nta nzira ihwanyije gutera ubwoba n'imiruho n'iyo yakohereje kunyuramo. Nawe numwumvira, uzabona ko ari ko biri. Na none mbonye yuko ugiriyemo ibyago, kuko mbonye wivurunze mu isayo Gahindagasaze: ariko iyo sayo ni itangiriro ry'ibyago biza ku banyura muri iyo nzira. Nyumvira, dore ndi umusaza, nkuruta ubukuru. Mu nzira unyuramo uzasangamo imiruho n'umubabaro n'inzara n'ibyago no kwambara ubusa no gucumitwa inkota; uzasangamo n'intare n'ibiyoka n'umwijima, n'urupfu ntuzabura kurusangamo. Ibyo byose ni iby'ukuri koko, abantu benshi barabihamya. None ni iki gitumye utebuka utyo kwiyicisha kumvira umushyitsi.
Mukristo ati: "Uyu mutwaro mpetse urusha ibyo byose uvuze kuntera ubwoba. Nawukurwaho, ibyo byo mu nzira biribazwa.
Bwengebwisi ati: "Watangiye ute kuwugira?
Mukristo ati: "Nawutangijwe no gusoma iki gitabo mfite mu ntoke".
Bwengebwisi ati: "Nanjye niko nakekaga. Bikubayeho nk'uko biba no ku bandi benshi badakomeye; bishyira mu byo badashobora kugeraho, bakagwa mu mibabaro bahagarika umutima nka we. Uko guhagarika umutima ntikubakuramo ubugabo gusa, nk'uko mbonye yuko ubukuweho, ari ko gutuma birukira kwigerezaho, kugira ngo bahabwe ibyo batazi".
Mukristo ati: "Ariko jyeweho nzi icyo nshaka, ni ugukurwaho uyu mutwaro uremereye".
Bwengebwisi ati: "Ariko ni iki gituma ushaka kuwukurirwaho muri iyo nzira irimo ibyago byinshi? Wakwihanganira kunyumva, nakubwiriza uburyo wabona icyo ushaka, udatewe n'ibyago ugiye kwisanganiza. Kandi ako gakiza kari hafi. Nuko mu cyimbo cy'ibyo byago, uzabona amahoro menshi no kugubwa neza".
Mukristo ati: "Ndakwinginze ungire iyo nama".
Bwengebwisi ati: "Dore muri biriya birorero, ahitwa i NGESONZIZA, harimo umugabo witwa MWIKIRISHAMATEGEKO; ni umunyabwenge bwinshi wubahwa cyane; azi neza gukura imitwaro ku bantu, nk'uwo uhetse uwo. Kandi ubwanjye nzi neza yuko yafashije benshi bameze batyo. Kandi azi no kuvura abasajijwe n'imitwaro yabo. Wajya aho ari ntiwabura gufashwa vuba. Inzu ye ntiri kure, ni nk'urugendo rw'igice gito cy'isaha. kandi yaba atariyo, afite umuhungu mwiza witwa MVUGONZIZA, ahwanije na se gukora uwo murimo. Aho niho uri bukurirweho uwo mutwaro, kandi waba udashaka gusubira mu mudugudu wavuyemo (nanjye sinshaka ko usubirayo), nuko uzatumire umugore wawe n'abana bawe, mubane muri uwo mudugudu. Hariyo amazu, arimo ubusa waguramo imwe, watanga bike. Ibyo kurya byaho ni byiza kandi bigurwa igiciro gito, abantu muzaturana ni abanyangeso nziza, bazakubaha, bitume urushaho kugubwa neza.
Mukristo yumvise ibyo amara akanya ashidikanya, maze yemera kumwumvira, yibwiye ati: "Niba uyu avuze ukuri nagira, ubwenge nakurikiza inama angiriye. Maze aramubaza ati: "Inzira ijya kuwo muntu mwiza iri he?
Bwengebwisi aramwereka ati: "Ntureba uriya musozi muremure?
Mukristo ati: "Ndawubonye"
Bwengebwisi ati: "Komeza inzira ikikiye uwo musozi, inzu uri bubanze kugeraho niyo ye.
Nuko Mukristo ateshwa inzira ye, akomeza inzira ijya kwa Mwikirishamategeko, kugira ngo amufashe. Maze ageze hafi y'uwo musozi, abona utumbagiye cyane, kandi abona uruhande rwawo ruhereranye n'inzira rubogamye cyane, bituma atinya gukomeza kugenda, kugira ngo umusozi utamugwira. Nuko arahagarara ayoberwa icyo ari bukore, Kandi umutwaro we urusha kumuremerera uko wamuremereraga atarateshwa inzira. Kandi uwo musozi urabya ibirimi by'umuriro (Kuva 19:16-18), agira ngo agiye gushya, aratutubikana, ahinda umushyitsi (Abaheburayo 12:21). Atangira kwicuza kuko yumviye Bwengebwisi. Maze Mubwirizabutumwa aramwegera; amugezeho, amureba igitsure gikomeye, aramubaza ati: "Wazanywe n'iki aha?"
Mukristo na Mubwirizabutumwa ku musozi Sinai
Mukristo na Mubwirizabutumwa ku musozi SinaiMukristo araceceka ntiyagira icyo amusubiza. Mubwirizabutumwa arongera aramubaza ati: "Si wowe
nabonye uririra inyuma y'umudugudu wa Rimbukiro?" Mukristo aramusubiza ati: "Mutware ni jye". Mubwirizabutumwa ati: "Sinakuyoboye inzira ijya kuri
rya rembo rito?"
Mukristo ati: "Mutware wayinyoboye". Mubwirizabutumwa ati: "Nuko rero ni iki cyatumye
utareka kuyoba? None dore nturi mu nzira.
Mukristo ati: "maze kwambuka isayo Gahindagasaze,
nahuye n'umuntu: niwe wanyoheje kujya mu birorero biri imbere, ngo ndabonamo umugabo ubasha kunkuraho umutwaro wanjye".
Mubwirizabutumwa ati: "Asa ate?
Mukristo ati: "Yasaga n'umuntu mwiza; ambwira byinshi. Bitinze nemera ibyo ambwiye, nza hano. Maze mbonye umusozi ubogamiye iyi nzira cyane ushaka kungwira, ndahagarara".
Mubwirizabutumwa ati: "Uwo muntu yakubwiye iki?"
Mukristo ati: "Yambwiye kwihuta ngo nkurweho uyu mutwaro. Nanjye nti: "Nicyo nshaka". Nti nicyo gutumye njya kuri ririya rembo, kugira ngo bambwirireyo ibyo ndi bukore ngo ngere ahantu ho kuwukurirwaho. Ambwira yuko anyereka inzira nziza y'ubusamo itarimo ibyago nk'iyo wanyoboye. Kandi ambwira ibya Mwikirishamategeko n'umwana we; ndabyemera nteshwa inzira. None sinzi icyo ndi bukore".
Mubwirizabutumwa ati: "Ba uhagaze ho hato, mbanze nkubwire amagambo y'Imana".
Mukristo ahagarara atengurwa.
Mubwirizabutumwa aramubwira ati: "Mwirinde mutanga kumva Iyo ivuga. Ubwo ba bandi batakize, kuko banze kumva uwabahanuriye mu isi, twe tuzarushaho cyane kudakira, niba dutera umugongo Itubwira iri mu ijuru (Abaheburayo 12:25). Kandi ati, niba azasubira inyuma, umutima wanjye ntumwishimira (Abaheburayo 10:38)".
Maze abisobanura atya ati: "Nawe urirukira mu byago. Utangiye kwanga inama wagiriwe n'Imana Isumba byose, ukura ikirenge cyawe mu nzira y'amahoro, usigaza ho hato ukajya mu kaga ko kurimbuka iteka".
Uwo mwanya Mukristo amwikubita imbere nk'upfuye; arataka ati: Mbonye ishyano, ndapfuye"! Mubwirizabutumwa abibonye amufata ukuboko kw'iburyo, aramubwira ati: "Abantu bazababarirwa icyaha cyose n'igitutsi (Matayo 12:31)" Kandi: "We kuba utizera, ahubwo ube uwizeye (Yohana 20:27)". Mukristo asubiza umutima mu nda ho hato, arabyuka, amuhagarara imbere.
Mubwirizabutumwa aramubwira ati: "Gira umwete wo kumenya ibyo ngiye kukubwira. Reka nkubwire uwakubeshye uwo ari we, n'uwo yakoherejeho uwo ari we. Uwo mwahuye yitwa Bwengebwisi, kandi koko izina niryo muntu. Kuko aryoherwa n'amagambo y'iyi si gusa (1 Yohana 4:5): ni cyo gituma ajya ajya mu mudugudu witwa Ngesonziza gusengerayo. Kandi igituma arushaho gukunda iyo myigishirize ni uko imukiza kurenganywa azira umusaraba (Abagalatiya 6:12). Kandi kuko ameze atyo ashaka kugoreka inzira zanjye, n'ubwo ari nziza.
Nuko mu nama yakugiriye, ukwiriye kwangamo amagambo atatu cyane.
Irya mbere ni uko yakuyobeje.
Irya kabiri ni uko yahirimbaniye kukwangisha umusaraba. Irya gatatu ni uko yakuyoboye mu nzira ijya mu mitegekere y'urupfu (2 Abakorinto 2 :7).
Irya mbere, ukwiriye kwanga ko yakuyobeje, kandi nawe
ukigaya ko wamwumviye. Ubwo wagenjeje utyo, uba ugaye inama wagiriwe n'Imana kugira ngo wemere iyo wagiriwe na Bwengebwisi. Umwami Yesu yaravuze ati: "Mugire umwete wo kwinjira mu irembo rifunganye (niryo rembo nakoherejemo). Kuko irembo rifunganye n'inzira ari ntoya ijya mu bugingo; kandi abayinyuramo ni bake (Matayo 7:14). Muri iryo rembo rito no muri iyo nzira iricamo, niho wa munyabyaha yagutesheje, asigazaho hato, akakuzanira kurimbuka. Noneho wange ko yakuyobeje, nawe wigaye rwose ko wamwumviye.
Irya kabiri ukwiriye kwanga ko yahirimbaniye kukwangisha umusaraba, kuko wategetswe kuwukunda, ukakurutira ubutunzi babitse bwose (Abaheburayo 11:25-26). Kandi umwami w'icyubahiro yakubwiye yuko ushaka gukiza ubugingo bwe azabubura; kandi yuko umukurikira, ntiyange se na nyina n'umugore we n'abana be na bene se na bashiki be, ndetse n'ubugingo bwe, uwo adashobora kuba umwigishwa we. (Matayo 10:39; Luka 14:26). Iby'Iy'ukuri yavuze yuko utabasha kubona ubugingo utabifite, umuntu yakoshya ate yuko bikuzanira urupfu? Iyo myigishirize nayo ukwiriye kuyanga urunuka.
Irya gatatu, ukwiriye kwanga ko yakuyoboye inzira ijya ku kugabura kuzana urupfu. Nicyo gituma ukwiriye kwitegereza uwo yakoherejeho, ukamenya ko adashobora na hato kugukiza umutwaro wawe. Uwo yakoherejeho ngo akunihure witwa Mwikirishamategeko, ntabasha kugukiza umutwaro wawe. Nta muntu n'umwe yigeze gukuraho umutwaro, kandi ntawe ateze kuzawukuraho. Ntimubasha gutsindishirizwa n'imirimo itegetswe n'amategeko kuko iyo mirimo itabasha gukuzaho umuntu wese umutwaro we. Nuko rero Bwengebwisi si uwo mu bwoko bw'Imana, kandi Mwikirishamategeko ni umuriganya; kandi umwana we Mvugonziza nubwo amwenyura, ni indyarya gusa, ntabasha kugufasha. Kandi nta kindi wabaririwe inkuru y'abo bapfapfa, keretse kugira ngo uyobywe inzira nari nkuyoboye, ukuzweho agakiza kawe n'ubwo buriganya.
Maze Mubwirizabutumwa ahamagara ijuru guhamya ibyo avuze: uwo mwanya kuri uwo musozi Mukristo yari ahagaze munsi hava amagambo n'umuriro. Atinya cyane, umusatsi umuva ku mutwe. Aye magambo ni aya ngo: "Abiringira imirimo itegetswe n'amategeko bose ni ibivume, kuko byanditswe ngo havumwe umuntu wese udahirimbanira ibyanditswe, ngo abikore (Abagalatiya 3:10)".
Nuko Mukristo ariheba ko ari bupfe, arataka cyane avuma igihe yahuriye na Bwengebwisi, yigaya cyane ko yamwumviye, akorwa n'isoni yibutse yuko amagambo ye akurikije kamere y'umuntu gusa, yashoboye kumutesha inzira itunganye. Maze arongera abaza Mubwirizabutumwa ati: "Utekereza ute? Ndacyafite ibyiringiro byo gukira? Nakwemererwa gusubira mu nzira nziza, nkajya kuri rya rembo, simpejeshwe n'icyaha cyanjye, nkagaruka n'isoni? Nihaniye kuko numviye wa mugabo: ariko icyaha cyanjye cyababarirwa?"
Mubwirizabutumwa aramusubiza ati: "icyaha cyawe kirakomeye cyane, kuko kirimo ibibi bibiri. Wayobye inzira nziza, kandi uca mu nzira ibuzanywa. Ariko umukumirizi w'irembo ari bukwakire, kuko akunda abantu. Icyakora wirinde utongera kuyoba ukarimbukira mu nzira yawe, kuko umujinya we ukongezwa vuba (Zaburi 2:12)'. Nuko Mukristo atangira gusubirayo; Mubwirizabutumwa aramusoma, aramumwenyurira, amusezeraho, ati: "Ku Mana".