Monday, January 15, 2018

IGITABO CY'UMUGENZI

IGICE CYA 3. ABATURANYI BA MUKRISTO

ABATURANYI b'uwo mugabo basohorwa no kureba uko yiruka; kandi akiruka bamwe baramuseka, abandi baramukangisha, abandi baramuhamagara ngo agaruke. 

Muri bo harimo babiri bagambiriye kumugarura bamuhase. Umwe muri bo yitwaga MUDAKURWAKWIJAMBO, undi yitwa NYAMUJYIRYANINO. Icyo gihe yari amaze kubaha intera: ariko bo bajya inama yo kumukurikira; baragenda, hashize umwanya muto bamusohoraho. Arababaza ati: "Bagenzi banjye, muzanywe n'iki?" 
Bati: "tuzanywe no kukugira inama yo kugarukana natwe." Arabasubiza ati: "Oya, ntibishoboka. Mutuye mu mudugudu witwa RIMBUKIRO, aho nanjye navukiye. Mbonye yuko ari ko uri, kandi hazaza igihe vuba cyangwa kera, muzapfirayo, muzikwe, mugere hasi y'ikuzimu. Nuko nshuti zanjye, mwemere ibyo mvuze tujyane. 
Mudakurwakwijambo aramubaza ati:"uti iki? Dusige inshuti zacu n'ibitunezeza byose?" 
Mukristo (niko uwo mugabo yitwaga) aramusubiza ati: "Ye, kuko ibyo mwasiga byose bidakwiriye kugereranywa n'ibike mu byo nshaka guhabwa, kugira ngo binezeze (Abaroma 8:18). Kandi mwakwemera kujyana nanjye, ntimusubire inyuma, mwazamera nkanjye, kuko aho njya bafite ibibahaza bigasigara (Luka 15:17). Nimuze muhinyuze amagambo yanjye ". 
Mudakurwakwijambo ati: "Ibyo ushaka ni ibiki, bikurekesha iby'isi byose?" 
Mukristo ati ati: "Ndashaka ibiragwa bitabasha kubora cyangwa kwandura cyangwa kugajuka (1 Petero 1:4) bibitswe mu ijuru, aho bitabasha kwangirika, kugira ngo ababishaka bazabihabwe mu gihe cyategetswe n'Imana. Ibyo byanditswe mu gitabo cyanjye, niba wemeye kugisoma, urabibonamo. Mudakurwakwijambo ati: "Ashwi. Kura aho igitabo cyawe. Uragarukana natwe, cyangwa urarorera?" 
Mukristo ati: "Ndanze; kuko nafashe ya suka (Luka 9:62
Mudakurwakwijambo ati: "nuko rero Nyamujyiryanino, duhindukire, dutahe. Hariho abibone b'abasazi benshi bameze nk'uyu; kandi iyo bibwiye ibitari byo, bibwira ko barusha ubwenge abantu barindwi bashobora kuvuga impamvu zo kubihakana". 
Nyamujyiryanino ati: "Witukana! Mukristo uyu mwiza, niba ibyo avuze ari ukuri, aturusha gushaka ibyiza. Ku bwanjye, umutima wanjye unyoshya kujyana nawe". Mudakurwakwijambo ati: "Uti iki? Nawe ubuze ubwenge? Nyumvira dusubire iwacu. Ninde uzi aho uzajyanwa n'umuntu usaze utyo? Subirayo, subirayo, niho uri bube ugize ubwenge". 
Mukristo abwira Nyamujyiryanino, ati: "Ahubwo tujyane, Nyamujyiryanino. Ibyo navuze biriho, n'ibyiza bindi byinshi, kandi byabonwa. Nawe niba utabyemeye soma ibyo muri iki gitabo cyanjye. Kandi kugira ngo umenye yuko ibiririmo ari iby'ukuri, byose bihamwa ko ari koko n'amaraso y'uwacyandikishije". 
Nyamujyiryanino abwira Mudakurwakwijambo ati: "Nuko Mudakurwakwijambo, singishidikanya, ahubwo ngambiriye kujyana n'uyu mwiza no kujya nsangira nawe ibyo abona". Maze abaza Mukristo ati: Nshuti yanjye nziza, mbese uzi inzira ijya aho heza?" 
Mukristo aramusubiza ati: "Nayobowe n'umugabo witwa Mubwirizabutumwa, ngo nkwiriye kwihutira kugera ku irembo rito twerekeye, niho turi bubwirirwe iby'inzira". 
Nyamujyiryanino ati: "Nuko nshuti yanjye tugende. Bombi barajyana, maze Mudakurwakwijambo aravuga ati: "Jyeweho ndasubira iwanjye, sinshaka kujyana n'abayobejwe batyo b'ibicucu". 
Maze ndota yuko Mudakurwakwijambo amaze gutaha, Mukristo na Nyamujyiryanino banyuraga mu kibaya baganira. Batangira kuganira batya. 
Mukristo abaza Nyamujyiryanino ati: "Nshuti yanjye Nyamujyiryanino, uri mugabo ki? Nishimiye yuko wemeye ko tujyana. Mudakurwakwijambo nawe, iyaba yarababajwe nkanjye n'imbaraga z'ibitaraboneka n'ubwoba bitera, ntaba yatebutse kudusiga ngo atahe". 
Nyamujyiryanino ati: "nuko Mukristo, kuko dusigaye twiherereye ongera umbwire iby'aho tujya, uko bisa, kandi ibyo dukwiriye gukorera kugira ngo tubitunge, 
Mukristo ati: "Ndushaho kubyibwira mu mutima kuruta kubivugisha ururimi, ariko kuko ushaka kubimenya ndabigusomera mu gitabo cyanjye". 
Nyamujyiryanino ati: "uratekereza yuko amagambo yo mu gitabo cyawe ari ay'ukuri rwose?" 
Mukristo aramusubiza ati: "Ni ay'ukuri, kuko cyandikishijwe n'Itabasha kubeshya (Tito 1:2)". 
Nyamujyiryanino ati: "Uvuze neza. Ariko se, ni ayahe ?" Mukristo ati: "Hariho Ubwami butazashira uzabamo, n'ubugingo buhoraho tuzaherwa kugira ngo tuzabe muri ubwo bwami iteka ryose" (Zaburi 145:13Luka 12:32Yohana 10:27-29). 
Nyamujyiryanino ati: "Uvuze neza. Ariko se ibindi ni ibiki?" 
Mukristo ati: "Nta kurira kuzabayo cyangwa agahinda, kuko nyiraho azahanagura amarira yose ku maso yacu" (Ibyahishuwe 7:16-17Ibyahishuwe 21:4
Nyamujyiryanino ati: "ariko se, tuzabanayo na bande?" 
Mukristo ati: "Tuzabanayo n'abantu ibihumbi n'inzovu badutanzeyo. Muri abo nta n'umwe ugirira mugenzi we nabi, ahubwo bose barakundana kandi ni abera. Bose bagendera mu maso y'Imana, bagahagarara imbere yayo bashimwa nayo iteka ryose. Kurangiza byose mu magambo make, tuzabonayo abakuru bambaye amakamba y'izahabu (Ibyahishuwe 4:4); kandi tuzabonayo abantu batemaguwe n'ab'isi n'abatwitswe n'abagaburiwe inyamaswa n'abaroshywe mu nyanja, babahora urukundo bakundaga Nyiri icyo gihugu, bose ari bazima, bambaye kudapfa nk'umwenda (Yohana 12:252 Abakorinto 5:2-4). 
Nyamujyiryanino ati: "Ayo magambo ndayumvise: ibinezaneza byenda kunyica. Ariko se birashoboka kubitunga? Dukore iki kugira ngo tubihabwe? 
Mukristo ati: "Ibyo Umwami utwara icyo gihugu yabyandikishije muri iki gitabo (Yesaya 55:1-2Yohana 6:37 Yohana 7:37Ibyahishuwe 21:6Ibyahishuwe 22:17). Uko ibyo bisobanurwa mu magambo make, niba tubikunda rwose, azabiduhera Ubuntu". 
Nyamujyiryanino ati: "Yewe, byo biranejeje cyane: twihute cyane: twihute! 
Mukristo ati: "Simbasha kwihuta nk'uko nashaka kuko mbuzwa n'uyu mutwaro mpetse".