Thursday, December 06, 2012

KWIRINDA INDWARA Y'AMARASO MAKE

Ubusanzwe bavuga ko umuntu afite ikibazo cy'amaraso make igihe uturemangingo tw'amaraso (red blood cells / globules rouges) twagabanutse ku buryo bukabije bitewe n'impamvu zitandukanye, bigatuma ibice by'umubiri bitabona umwuka mwiza "oxygene", ari wo mwuka umubiri ukenera ngo ukore neza, bityo akarangwa no guhorana umunaniro mwinshi no kugira imbaraga nke ndetse no kweruruka.
Nk’uko urubuga rwa interinete webmd.com rubitangaza ngo indwara yo kubura amaraso iri mu ndwara zibasira amaraso zifata abantu benshi ku isi. Nko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abantu bagera kuri miliyoni eshatu n'igice usanga ngo bajyendana n’indwara y’ amaraso make (Anemie ).


Urwo rubuga rukomeza rutangaza ko abantu bisanganiwe izindi ndwara za karande, usanga ari bo bafite ibyago byinshi byo kurwara indwara y’amaraso make ugereranyije n’abantu batagira indwara za karande barwaye.

Ruriya rubuga rwa interinete rukomeza rutangaza ko hari impamvu zirenga magana ane zishobora gutera ikibazo cyo kugira amaraso make mu mubiri, izo mpamvu zikaba
zigabanyijemo ibyiciro bitatu: icyiciro cya mbere cy’impamvu zitera kugira amaraso make mu mubiri ni ukuva amaraso bikabije ariko bifite icyabiteye nk’impanuka, kuva nyuma yo kubyara n’ibindi. Icyiciro cya kabiri cy’izo impamvu ni ukugira umubare udahagije w’uturemengingo tw’amaraso naho icyiciro cya gatatu ni ugushwanyagurika k’uturemangingo tw’amaraso.

Bamwe mu bantu bafite ibyago byinshi byo kugira amaraso make

Hari ubwoko bw’abantu bwibasirwa cyane n’ikibazo cyo kugira amaraso make ugasanga iyo indwara ishobora kuba uruhererekane rwo mu miryango.

Abantu b’igitsina gore nabo bari mu bantu bibasirwa cyane n’indwara yo kugira amaraso make mu mubiri kuko hari abajya batakaza amaraso menshi cyane mu gihe cy’imihango bityo bakibasirwa n’indwara yo kugira amaraso make mu mubiri.

Abantu bafata indyo ituzuye cyane cyane ikennye kuri fer nabo baba bafite ibyago byinshi byo gufatwa n’indwara yo kugira amaraso make.

Abantu barwara ibisebe byo mu gifu nabo baba bafite ibyago byinshi byo guhura n’ikibazo cyo kugira amaraso make mu mubiri.

Hari n’ibindi byiciro bitandukanye byibasirwa n’ikibazo cyo kugira amaraso make, ariko abo twavuze hejuru nibo bikunze kugaragaraho cyane.

Ibimenyetso biranga umuntu wagize ikibazo cy’amaraso make mu mubiri
Umuntu ufite ikibazo cyo kubura amaraso arangwa no kweruruka mu biganza, kugira amaso asa n’umuhondo werurutse, kweruruka mu gihenehene nta raso rirangwamo, kugira umunaniro uhoraho, guhorana ubukonje n’ibindi.

Ingamba mu kurwanya igabanuka ry’amaraso mu mubiri

Nk’uko abahanga mu bijyanye n’imirire batangaza ko ibura ry'imyunyu ngugu ya Fer mu maraso riza ku isonga mu gutuma umuntu agira ibibazo by'amaraso macye, batanga inama zo kurya indyo yuzuye kuko ari ingenzi mu kurinda indwara yo kubura amaraso mu mubiri. Muri ibyo biribwa bikize kuri feri abo bahanga bashishikariza abantu gufungura harimo kurya ibiribwa birimo epinari, kurya ibirimo beterave, kurya ibinyomoro, kurya amafi, kurya inyama z’umutuku cyane cya inyama y’umwijima, kurya chokola, amagi n’ibindi.

Ni byiza rero ko buri muntu akurikiza inama ahabwa n’abahanga mu bijyanye n’imirire afata ibiribwa bikungahaye kuri feri kugira ngo ace ukubiri no kugira ikibazo cy’amaraso make mu mubiri, uwo byabaho bikamubaho ari ibimugwiririye ariko atari ibimuturutseho. Orinfor