Thursday, September 12, 2013

ISOMO

Umusaza umwe w’umuhanga yashatse kwigisha umuhungu we wari umunebwe cyane kandi atinya gukora, ni uko yifashisha isomo ry’ibinyabuzima ashaka kumwereka ubudahangarwa bw’ibinyabuzima uko burutanwa yifashishije izuba, ahera ku kimera cyo mu gishanga.

Ni uko afata ikimera gitoshye cyane cyakuriye mu gishanga arangije agishyira ku zuba, nyuma y’iminota itanu gusa kiba kirumye. Ni uko arongera afata ibibabi by’ikimera cyakuriye imusozi abishyira ku zuba, birinda bigeza nimugoroba bitaruma. Umuhungu we nawe aria ho amwitegereza yatangaye kuko yumvaga igitoshye aricyo cyatinda kuma kubera amazi menshi.
Ni uko arongera noneho yifashisha inyana ebyiri z’imitavu, ahera ku nyana ya mbere yahoraga mu kiraro itari yarigeze igera ku zuba na rimwe maze ayishyira ku zuba iminota itanu gusa, inyana itangira kunanirwa bigaragara no gucibwa integer na rya zuba. Ni uko azana inyana yindi yakundaga gusohoka maze ayishyira ku zuba irinda imara isaha yose nta kibazo yari yagaragaza ko ifite.
Ni uko rero uwo muhungu abaza papa we ati: “Nonese kuki cya kimera cyari gitoshye cyifitemo amazi menshi aricyo cyahise cyuma? Kuki se iriya nyana itarigeze igera ku zuba atariyo yabashije kuryihanganira ahubwo iyo risanzwe ryica ikaba ariyo ikomeza kugaragaza ubudahangarwa ku zuba?”
Ni uko umusaza aramusubiza ati: “Ikimera cyakuriye mu gishanga kiba cyaremenyereye ibyiza gusa ntikiba kizi guhangana n’izuba niyo mpamvu gihita cyuma kandi cyari gitohagiye, naho icyakuriye imusozi kiba cyaragiye gihangana n’izuba buhoro buhoro kikarimenyera. Ninako bigenda ku nyana y’umutavu, iyo uyishyize ku kazuba gake igenda imenyera kuburyo n’izuba ry’impeshyi iyo rije yaramenyereye ntacyo riyitwara.”
Uko rero niko n’umuntu ukunda ubuzima bworoshye, utinya guhangana n’ibibazo kandi utajya avunika na gato, iyo ahuye n’ikibazo gikomeye ubuzima bushobora no guhagarara kuko aba atarigeze yitoza guhangana n’utubazo duto duto ngo azagera aho agire uburambe n’ubudahangarwa mu guhangana n’ibibazo.
ISOMO: Abantu batari bake bakunda ubuzima bworoshye ariko kandi hari n’abo ubona ugasanga barakamiritse. Ni byiza kwihanganira ibibazo byoroheje uhura nabyo kandi ukagerageza kubyikemurira kuko niyo nzira yo kuzabasha guhangana n’ibibazo bikomeye bigutegereje. Ubuzima ni imyitozo ariko hari ubwo ikibazo cyiza kikamera nk’ikizami ugomba gutsinda ari uko wabashije kwitwara neza mu myitozo no guhangana nayo.Niba uri umubyeyi ntuzumve ko kwigisha umwana wawe gukora akiri muto ari ukumuvunisha ahubwo jya umumenyereza gukora utuntu duto tujyanye n’ikigero cye bityo azakura atagira ubunebwe kandi azi kwirwanaho.
Aha nanone ndashaka kugaruka ku rukundo hagati y’abashakanye. Muri iyi minsi usanga abantu batari bake bakundana bagahita batandukana batamaranye kabiri, ibi bigaterwa ahanini no kuba nta bibazo bigeze bagirana mu rukundo. Niba uwo mukundana mutarigera mushwana ngo mwiyunge musabane imbabazi, mumeze nka ya nyana yo mu kiraro itarigera ikandagira ahari izuba, nyuma rero mwazajya kubana mwagirana ibibazo bikaba nyine nk’uko iyo nyana yajya ku zuba rikakaye ry’impeshyi kandi itarigeze igera no kury’agasusuruko. Uwo ukunda jya umuhana umubwire ibyo udakunda, nakora neza umushime nakora nabi umugaye bityo muzagenda murushaho kumenyerana no kumenyana biruseho, bibatoze kwihanganirana no kumenya uburyo bwo kwikemurira ibibazo.