Wednesday, October 16, 2013

GUSOHORA K'UMUGORE

GUSOHORA K'UMUGORE

 Iyi nyigisho ntabwo tuyishyiriyeho kwigisha ubusambanyi tuyishyiriyeho kugirango ingo nyarwanda zubakwe neza ntawe ubangamiye undi,kuko akenshi usanga abagabo bikemurira ibibazo bagasiga abagore babo mukirere kandi nabo baba bakeneye kumva ibyiza by'imibonano mpuzabitsina. Mwirinde SIDA n'izindi ndwara zandurira mumibonano mpuzabitsina.

IBYISHIMO KU MUGORE IGIHE CY'IMIBONANO MPUZABITSINA
Site aufeminin.com, igaragaza ko igihe cy’imibonano, umugore ageza ibyishimo bye ku ndunduro nyuma y’umunezero mwinshi aba yahawe n’igikorwa cy’imibonano, ibyo byishimo bikamurenga kandi bikaza bifite ingufu nyinshi cyane. Uko bigaragara, iyo umugore abashije kubigeraho, niho hantu umugore ashobora kubonera ibyishimo byinshi bishobora kubaho mu buzima. Iyo arangije rero, cyangwa se ibyo byishimo bye bigeze ku ndunduro, bikurikirwa n’agahe k’ikiruhuko, cy’umunezero, mbese cyo kuruhuka.

Ibimenyetso bigaragara ku mubiri w’umugore iyo yishimye aganisha ku kurangiza


Mu gihe tuvuga ko umugabo wari ufite igitsina cyafashe umurego gitangira gusohora, umugore we rugongo ye (clitoris) isa n’aho isubirayo cyane cyane ko mu gihe cyo kubishaka iba yatumbye cyangwa se yahagurutse nk’uko igitsina gabo kibigenza, noneho mu myanya y’igitsina gore iri imbere ukinjira ikikanya ku buryo buhutiyeho, maze umugore akumva utuntu tumuzamukamo.


Muri ako kanya umutima uratera cyane
, bityo n’imitsi y’amaraso nayo ikabyimba. Ibi byose biterwa na bya byishimo bidasanzwe umugore wese yifuza kugeraho. Kandi ibi si igitangaza kuko mu gihe cy’ibi byishimo bikomeye, umubiri w’umuntu uvubura umusemburo witwa endorphine, uyu musemburo ukaba n’ubusanzwe ariwo utera ibyishimo by’umubiri no mu buzima bwa buri munsi, aho wumva unezerewe cyane ku buryo nta wundi muntu mwaba muhuje kunezererwa muri ako kanya.
Aha rero, nibwo bamwe mu bagore bazana amazi. Cyangwa se banyara nk’uko mu Kinyarwanda tubyita.

Bamwe mu bagore baherekeresha uku kwishima ibindi bimenyetso bimwe na bimwe nko kuvuza induru, kurira, kuniha, kunosha uwo muri kumwe, kumufata ukamukomeza, guceceka ntukome, kuvuga amagambo menshi ariko atari kuri gahunda, n’ibindi byinshi bitandukanye bitewe na buri muntu uko abyifatamo.


Iby’amazi abagore bamwe bazana mu gihe cy’imibonano


Dutangira mu kuganira ku mazi umugore azana igihe cyo gukora imibonano mpuzabitsina, nakubwira ko usanga akenshi mu mico itandukanye hirya no hino ku isi, aya mazi batayabona neza, ndetse ugasanga batanashaka ko umugore yayazana, uyazanye bakaba bamufata nabi. Ibingibi ngo bikaba ari imico iri hirya no hino usanga yaragiye ibangamira ibyishimo by’umugore, cyane cyane ko usanga ibyishimo umugore abonera mu mibonano mpuzabitsina aribyo bimutera kuzana ayo mazi iyo ayagira, kuko atabashije kwishima ubwo nyine n’ayo mazi ntiyayazana.


Amahirwe tugira mu Rwanda, ni uko umuco utegeka abagabo gukora ku buryo abagore bayazana, ubwo ngo nibwo baba babatereye urubariro neza. Ibyago birimo, ni uko atari abagore bose bashobora kuzana ayo mazi akagaragara, kabone naho baba baterewe urubariro uko bikwiriye ndetse nabo bakabyishimira.


Reka twifashishe ibitabo bitandukanye birimo
A New View of a Woman’s Body. Ubundi kunyara ku mugore, cyangwa se kuzana amazi igihe cy’imibonano mpuzabitsina, biba ku mugore igihe ari hafi y’ibyishimo bye nyamukuru, cyangwa se igihe ageze kuri ibyo byishimo bye. Ayo mazi aza ntangana ku bagore bose, kandi ngo ku bagore benshi aza ari makeya. Ariko nanone, ibi ntibibuza ko ku bandi bagore noneho ngo bwo aza ari menshi cyane. Kuri aba bagore bazana aya mazi ku bwinshi, nibo mu gifaransa bita femmes fontaines.

Abashakashatsi bagerageje kubikoraho kugirango bamenye aho aya mazi yaba aturuka. Bavuga ko ngo aya mazi atandukanye cyane n’andi matembabuzi yose cyangwa se ururenda rwaba ruvuburwa n’igitsina gore kugirango imibonano igende neza. Muri ayo asanzwe avuburwa n’igitsina gore, hakaba harimo aza ameze nk’amavuta aturuka muri glandes de Bartholin. Ayangaya yo tuvuga, mu kinyarwanda bita kunyara ku mugore, ngo yo yaba avuburwa na glandes de Skene, kandi akaza umugore atabitekerejeho mu gihe yishimye cyane.


Ese aya mazi yaba ari inkari ?


Icyo nakubwira muri aka kanya ni uko ubushakashatsi butarahuriza ku kintu kimwe. Urugero, nk’umugabo witwa
Gary Schybach, yakoreye ubushakashatsi bwe kuri bene abo bagore bazana amazi menshi rwose mu gihe bishimiye imibonano. Ngo rero uyu mugabo, yaba yarasanze amenshi muri ayo mazi ava mu ruhago rw’inkari, mu gihe aza aturutse muri glandes de skene ngo yaba ari make cyane !

Hari n’abandi bavuga ngo izo glandes de Skenes ku mugore zigereranywa na prostate y’umugabo. Prostate ku mugabo akaba ari umwe mu myanya myibarukiro ye, ivubura igice kimwe mu matembabuzi agize amasohoro. Abangaba bakaba bemeza ko izo glandes de Skenes, n’ubwo ari ntoya, ariko ngo zifite ubushobozi bwo kuvubura ayo mazi menshi igihe umugore agize ibyishimo mu mibonano.


Glandes de Skene ni iki ?


Izi mvubura za Skene, zavumbuwe n’umugabo witwa Alexender Skene mbere y’1900. Agasaho zibamo ngo kaba gakoze nk’aka prostaste ku mugabo. Amazi glandes de Skene zivubura, ngo asohokera ku twobo tubiri turi ku mpande zombi hafi y’umwinjiriro w’igitsina gore.


Aya mazi akorwa na glandes de Skene igihe cy’imibonano mpuzabitsina gusa, agakorwa ari uko umugore anyuzwe n’igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina ari gukorerwa, n’ubwo bwose ashobora kuba yasohoka ibyishimo by’uyu mugore bitaragera ku ndunduro, ndetse akaba yanasohoka inshuro zirenze imwe ku bagore bamwe.


Aya mazi ashobora kuvuburwa ariko ntagaragare


Kuba rero utabonye umugore azana aya mazi, ntabwo bivuga ko atigeze avuburwa. Ngo ku bagore bamwe, kandi ni na benshi, aya mazi aravuburwa ariko akaza ari make cyane ku buryo utamenya ko yahabaye. Mu gihe hari abandi bazana menshi cyane ku buryo ngo ujya kubona ukabona arirashe ku buryo bufatika.


Glandes de Skene na Point G


Akamaro ka glandes de Skene kagereranywa n’aka Point G. Gusa, n’ubwo basa n’ababihuza, Point G yo ngo yaba itavubura amazi, ahubwo ngo iyo ikorakowe, cyangwa se umugabo abashije kuyigeraho, ngo niyo ituma ibyishimo by’umugore bizamuka bikagera ahantu hakomeye. Iyi Point G yo, ngo ikaba ikomora izina ryayo kuri Ernest Grafenberg, ari we wabaye uwa mbere mu gukora ubushakashatsi ku byishimo by’umugore, hari mu 1950. Mu 1982, nyuma y’uko ibisobanuro kuri iyi point G byari bimaze gusohoka mu gitabo cyakunzwe cyane cyavugaga kuri sexualité, nibwo abantu bose batangiye kwemera ko umugore koko ashobora kuba afite aha hantu hamutera ibyishimo bikomeye ndetse hakanamufasha kuba yazana ya mazi igihe ayagira.


Abahanga rero ntibarabasha kugaragaza niba Point G ari agace runaka, gateye ukwako ngo berekane n’uko gateye, cyangwa se niba ari ibintu runaka byishyira hamwe bikabyara aho hantu hatuma umugore agira sensibilité cyangwa se ubwumvumve bumusunikira kugera ku byishimo by’agatangaza.


Ese umugabo ashobora kubasha gushimisha umugore we igihe afite igitsina kigufi ?


Dufatiye kuri Point G, birashoboka. Kuko niba koko aha hantu habaho, kandi umugabo n’umugore we bakaba bashobora kuhashakisha bakahabona, ikigaragara ni uko kuhagera bitasaba umugabo kugira igitsina kirekire, kuko ngo aho hantu hashakirwa kuva kuri cm1 kugera muri cm 4 ugana imbere. Ahubwo aha byatwereka ko kumenya kutihutira kwinjira gusa, ahubwo ukamenya no gushakira aho hafi, nabyo byagufasha kugerera umugore wawe aho yifuza ko umugerera.


Bavuga ko rero ngo aha hantu nyamurukuru ngo hakoze nk’akabumba gatoya, cyangwa se akabuye, kandi ngo uko umugabo agakorakora n’igistina cye, cyangwa se wenda n’intoki, ngo niko kagenda karushaho kubyimba. Ibi ariko ntibitangaje kuko n’igitsina gore ubusanzwe iyo gishatse gukora imibonano gihita cyiyongera mu bunini.

Aha ngo birasaba ubwitonzi kugirango umugabo amenye aho iyi Point G iherereye, kubera ko ngo usanga ku bagore benshi uriya mubiri wabo uba mu gitsina imbere igihe wamaze kwinjira, ngo wose ugira ubwumvumve budasanzwe butuma agera ku byishimo runaka, ariko ngo ntibiba bingana n’ibyo yagira uramutse umugereye aho hantu.

Abagore bazana amazi, naho bitagaragara, ngo ni benshi


Dukurikije ibyo docteur Cabello Santa Maria avuga rero, twasanga abagore benshi bazana amazi igihe barimo bakora imibonano kandi banyuzwe, kuko yerekana ko 75% by’abo yasuzumye bayagira. Aha ariko tuba twirengagije ibyo kuvuga ngo hari abazana menshi, ngo hari n’abazana makeya.


Noneho rero uretse kuvuga ngo abagore bagira amazi, abandi 39% bo bemeje ko rwose uretse no kuyagira, naho bayazana ntagaragare, ariko ngo bumva umubiri wabo, cyangwa se imyanya myibarukiro yabo iyarekura.


Aya mazi rero hari abagore bayarekura ari menshi ku buryo ngo hari ushobora kuzana angana na litiro yose, ikindi kandi ni uko ngo umugore ashobora kuyazana inshuro zirenze imwe mu gihe cy’umubonano umwe.


Abagore batazana amazi hari imyitozo bashobora gukora


Nk’uko rero n’umugabo urangiza vuba akora imyitozo yo kugirango azajye abitinza nibura ho gato, n’abagore batarabasha kuzana amazi no kugera ku ndunduro y’ibyishimo, ngo hari imyitozo bashobora gukora noneho ikazatuma bajya bayazana ndetse n’igihe bashatse kubitinza nabwo bakabishobora.


Icy’ingenzi rero gikomeye cyane, gishobora gufasha umugore kugera ku byishimo, ni ukuba yiteguye mu mutwe, kandi nta bindi bintu na bike atekerezaho, byaba ibimushimishije cyangwa se ibimuhangayikishije. Uretse mu mutwe kandi, umubiri w’umugore nawo ngo wakagombye kuba witeguye, cyane cyane inyama zifata ku magufa y’ikibero, kuko ngo kwirekura muri zo bidafasha gusa umugore kugera kuri bya byishimo bituma ya mazi aza, ahubwo ngo binafasha umugore kumva neza ukwinyeganyeza kw’igitsina gabo mu cye

ubutaha nzabagezaho post ivuga uburyo wanyaza neza umugore. 

No comments: