Indwara y'imitezi ni indwara ubusanzwe iterwa n'agakoko kitwa Neisseria Gonorrhoeae. Ni indwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina ikaba ishobora gufata abagabo n'abagore mu gihe babonanye umwe muri bo ayirwaye.
Iyo ndwara iyo ifitwe n’abagabo igaragaza ibimenyetso vuba ariko ku bagore bisa n'ibitandukanye kuko umugore ashobora kuyibana atagaragaza ibimenyetso. Ubushakashatsi bugaragaza ko nibura abagore bangana na 60% batagaragaza ibimenyetso mu gihe 40% ari bo bashobora kubigaragaza.
Ku bagore bagaragaje ibimenyetso by' uko barwaye imitezi babona amatembabuzi adasanzwe (amashyira) mu gitsina kubabara igihe bagiye kwihagarika no kutamererwa neza mu rw'ungano rw' igogora mu gice cya nyuma.
Ku bagore bamwe na bamwe barwaye indwara y'imitezi bashobora kugaragaza ibimenyetso kuri nyababyeyi igihe twa dukoko twayibasiye. Ibi ngo bikaba ari na byo ahanini bitera kubabara mu nda yo hasi. Ubu bubabare akenshi ngo umugore abwumva igihe akora imibonano mpuzabitsina n’umugabo.
Ibindi bimenyetso kandi ngo bishobora kubwira umugore ko arwaye imitezi ni igihe agiye mu mihango ntamererwe uko yari asanzwe. Muri iki gihe ngo umugore ufite iyi ndwara usanga ava cyane mu gihe agiye mu mihango.
Ku bagore batwite twa dukoko dukwirakwiza imitezi dushobora gufata umwana mugihe arimo kuvuka bityo akavukana ingaruka zayo. Icyo gihe umwana avukana indwara yitwa Gonorococcal Ophtalmia.
Ni gute wamenya ko urwaye imitezi?
Mu gihe ugaragaje ibi bimenyetso ni byiza kugana muganga akagusuzuma. Abagore akenshi basuzumwa batanze ikizamini cy' inkari cyangwa amatembabuzi yo mu nkondo y' umura. Uwatanze ibi bizami ahabwa imiti ariko akazongera gutanga ibizamini kugirango barebe niba yarakize.
Kimwe mu bishobora kurinda iyi ndwara ko ikwirakwira harimo kudakorana imibonano mpuzabitsina n’abantu benshi. Ku bagore by' umwihariko, bagomba kwisuzumisha mu gihe batwite kugirango bamenye koko niba bataranduye imitezi hagamijwe kurinda abana babo kuvukana ingaruka.
Ku bagore bagaragaje ibimenyetso by' uko barwaye imitezi babona amatembabuzi adasanzwe (amashyira) mu gitsina kubabara igihe bagiye kwihagarika no kutamererwa neza mu rw'ungano rw' igogora mu gice cya nyuma.
Ku bagore bamwe na bamwe barwaye indwara y'imitezi bashobora kugaragaza ibimenyetso kuri nyababyeyi igihe twa dukoko twayibasiye. Ibi ngo bikaba ari na byo ahanini bitera kubabara mu nda yo hasi. Ubu bubabare akenshi ngo umugore abwumva igihe akora imibonano mpuzabitsina n’umugabo.
Ibindi bimenyetso kandi ngo bishobora kubwira umugore ko arwaye imitezi ni igihe agiye mu mihango ntamererwe uko yari asanzwe. Muri iki gihe ngo umugore ufite iyi ndwara usanga ava cyane mu gihe agiye mu mihango.
Ku bagore batwite twa dukoko dukwirakwiza imitezi dushobora gufata umwana mugihe arimo kuvuka bityo akavukana ingaruka zayo. Icyo gihe umwana avukana indwara yitwa Gonorococcal Ophtalmia.
Ni gute wamenya ko urwaye imitezi?
Mu gihe ugaragaje ibi bimenyetso ni byiza kugana muganga akagusuzuma. Abagore akenshi basuzumwa batanze ikizamini cy' inkari cyangwa amatembabuzi yo mu nkondo y' umura. Uwatanze ibi bizami ahabwa imiti ariko akazongera gutanga ibizamini kugirango barebe niba yarakize.
Kimwe mu bishobora kurinda iyi ndwara ko ikwirakwira harimo kudakorana imibonano mpuzabitsina n’abantu benshi. Ku bagore by' umwihariko, bagomba kwisuzumisha mu gihe batwite kugirango bamenye koko niba bataranduye imitezi hagamijwe kurinda abana babo kuvukana ingaruka.